Pages

Tuesday, June 21, 2011

Australiya: Umugabo yanyweye amacupa atandatu y’amasabune

Umurwayi wo mu bitaro bya Alfred i Malbourne, muri Australiya bamusanze yanyweye amacupa 6 y’ukwoko bw’amasabuni bogesha intoki. Abadogiteri batangaje ko uwo mugabo ahirwa cyane kuba atarapfuye.


Mu cyumweru gishize, abaforomo bo mu bitaro byitiriwe Alfred , i Melbourne, muri Australiya, igihe bajyaga guhindura amashuka y’abarwayi ku bitanda byabo batunguwe no kubona umugabo wabatangaje kuko yari yanyweye amacupa atandatu y’isabune y’amazi bakarabisha intoki.

Uwo mugabo akaba ari mu kigero cy’imyaka 45 y’amavuko, yasindishijwe n’iyo sabuni yanyweye ku buryo ubu bamusanzemo 0,271 ku ijana by’imisemburo (alcool) mu maraso ye.

Icyo gipimo kikaba kidasanzwe dore ko gikubye inshuro eshanu ku gipimo kibujanyijwe kurenza ku batwazi b’ibinyabiziga mu gihugu cya Australiya.

Umudogiteri witwa Michael Oldmeadow, ukora muri ibyo bitaro byitiriwe Alfred, yatangaje ko uwo mugabo yagize amahirwe menshi kuko ngo aba yarapfuye.

Nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru kitwa “the guardian” kuko ngo ni ubwa mbere babonye umurwayi umeze utyo.

Bityo ntawe bitatangaza kubona umuntu anywa amasabuni ubundi asanzwe akoreshwa mu gukaraba intoki.

Emile NIYONZIMA

No comments:

Post a Comment