Pages

Tuesday, June 21, 2011

Ecosse: Yataye amafaranga ye mu musarani nyuma yuko abeshywe na banki yabitsagamo

Ecosse: Yataye amafaranga ye mu musarani nyuma yuko abeshywe na banki yabitsagamo







Umugabo ukomoka mu gihugu cya Ecosse, mu birwa bya Lewis, ukora imirimo y’ubucuruzi, yafashe icyemezo zo gucagacura amarafanga angana n’amapawundi (pounds) 200 mu manyarwanda ni 160.000, nyuma y’uko banki yari yagiye kuyabitsamo bamuteye utwatsi bamubwira ko ayo mafaranga ari amiganano.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Daily Telegraph, iyo banki yanze ayo mafaranga kugira ngo itazahomba dore ko abigana amafaranga bavugwaga cyane muri icyo gihugu.

Nyamara uwo mucuruzi wari usanzwe uzwiho ubunyangamugayo yafashe umwanzuro wo gucagagura ayo mafaranga, arangije ayajugunya mu musarani. 

Ikigo cyo mu Bwongereza gishizwe kurwanya ibyaha (crime), nyuma y’isesengura rihagije ryagaragaje ko ayo mafaranga yatawe mu musarani yari mazima kandi ari ay’ukuri.

Uwo mugabo bamubajije impamvu yatumye ata ayo mafaranga mu musarani, yatangaje ko kubera ari inyangamugayo yangaga ko yakomeza gukoreshwa kandi ari amiganano. 

Emile NIYONZIMA

No comments:

Post a Comment