Pages

Thursday, June 9, 2011

Facebook yatumye amenya se nyuma y’Imyaka 40 atamuzi


Umugore witwa Blanche kuva yavuka yari ataraca iryera se umubyara, ibyo byatewe n’uko igihe nyina yari amutwite se yari yaragiye mu gisirikare bataranashyingiranwa kubera ko umuryango we utifuzaga umugore. Ibyo byatumye nyina umubyara yimuka ava mu muryango w’umugabo we.

Blanche aho akuriye yifuzaga kumenya se bituma afata umwanzuro wo gukoresha uburyo bushoboka bwose ngo arebe niba yamumenya ariko ntiyagira icyo ageraho. Yajyaga anahamagara nimero atazi ngo arebe niba yamubona.

Nyuma nibwo yaje kwigira inama yo gukoresha urubuga rwa Facebook, aza no kugwa ku mazina asa na ya se yose akayandikira ayasobanurira imyirondoro ye, nibwo umwe muribo yasanze ari se batangira gushyikirana bohererezanya amafoto ndetse n’aya mama we.

Nk’uko tubitesha urubuga gentside.com, ise wa Blanche afite n’abandi bakobwa basa cyane nawe. Nyuma y’imyaka myinshi atamenya se, ubu Blanche avuga ko yishimye cyane kumuobna.


Emile NIYONZIMA

No comments:

Post a Comment